{"id":1849,"date":"2024-10-08T15:08:43","date_gmt":"2024-10-08T15:08:43","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1849"},"modified":"2024-10-08T15:08:43","modified_gmt":"2024-10-08T15:08:43","slug":"u-rwanda-rwahawe-miliyari-22-frw-azifashishwa-mu-guteza-imbere-ibyaro","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/10\/08\/u-rwanda-rwahawe-miliyari-22-frw-azifashishwa-mu-guteza-imbere-ibyaro\/","title":{"rendered":"U Rwanda rwahawe miliyari 22 Frw azifashishwa mu guteza imbere ibyaro"},"content":{"rendered":"<p>Amakuru ALARMNEWS ikesha ikinyamakuru IGIHE avuga y&#8217;uko Leta y\u2019u Rwanda na Banki Itsura Amajyambere y\u2019u Budage, KfW, basinye amasezerano y\u2019inkunga ifite agaciro ka miliyari 22 Frw (miliyoni 15 z\u2019Ama-Euro), azifashishwa mu kuzamura iterambere ry\u2019icyaro binyuze mu kubaka ibikorwaremezo bifasha abaturage kwivana mu bukene.<\/p>\n<p>Ni inkunga y\u2019icyiciro cya kabiri, iy\u2019icyiciro cya mbere ikaba yari afite agaciro ka miliyoni 16 z\u2019Ama-Euro, aho yatangiye gukoreshwa kuva muri Mutarama uyu mwaka, igashyirwa mu bikorwa mu turere 16 tutarimo utw\u2019Umujyi wa Kigali n\u2019utwunganira Umujyi wa Kigali.<\/p>\n<p>Ni igikorwa cyitabiriwe n\u2019Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta muri Minisiteri y\u2019Imari n\u2019Igenamigambi, Mutesi Rusagara, Umuyobozi w\u2019Ikigo gishinzwe gutera Inkunga ibikorwa by\u2019iterambere mu nzego z\u2019ibanze (LODA), Claudine Nyinawagaga n\u2019Umuyobozi w\u2019Ishami rya Afurika yo Hagati muri Banki y\u2019Ubukungu n\u2019Iterambere y\u2019u Budage, Simon Koppers.<\/p>\n<p>Koppers yavuze ko imikoranire y\u2019u Rwanda n\u2019u Budage ihagaze neza mu ntego ihuriweho n\u2019ibihugu byombi, yo kurandura ubukene cyane cyane mu byaro.<\/p>\n<p>Ati \u201cIbi byerekana imikoranire myiza iri hagati y\u2019ibihugu byombi. Mu myaka 20 ubufatanye bw\u2019u Rwanda n\u2019u Budage bwagize uruhare mu guteza imbere ubukungu binyuze mu iyubakwa ry\u2019ibikorwaremezo.\u201d<\/p>\n<p>Yongeyeho ko imikoranire hagati y\u2019ibihugu byombi izakomeza, ati \u201cTwishimiye gukomeza gukorera hamwe mu gukomeza kugabanya ubukene.\u201d<\/p>\n<p>Umuyobozi wa LODA, Claudine Nyinawagaga, yavuze ko amafaranga y\u2019icyiciro cya mbere yagize uruhare mu guteza imbere ibikorwaremezo birimo kongera ubushobozi bw\u2019ibigo nderabuzima, kubaka ibiraro n\u2019imihanda, imishinga y\u2019amazi ndetse n\u2019ibindi bitandukanye.<\/p>\n<p>Iyi nkunga izakoreshwa mu kubaka ibikorwaremezo byo mu cyaro, ahakigaragara ubukene bukabije. Ibyo bikorwaremezo birimo ibigo nderabuzima, ibikorwaremezo by\u2019amazi, imishinga y\u2019ubuhinzi, imihanda, ibiraro n\u2019ibindi bitandukanye<\/p>\n<p>Ati \u201cAmafaranga yatangiye gukoreshwa mu kwezi kwa Mutarama tumaze gukora inyingo mu turere 16, bivuga ko [utwo turere] tutari mu turere twunganira mu Mujyi wa Kigali.\u201d<\/p>\n<p>Yavuze ko impamvu u Budage bwishimiye gukomeza gufatanya n\u2019u Rwanda muri uru rugendo bijyanye n\u2019uburyo amafaranga yatanzwe mu cyiciro cya mbere yakoreshejwe.<\/p>\n<p>Ati \u201cNubwo tukiyakoresha, abafatanyabikorwa bishimiye umusaruro babonye ku mushinga wa mbere, akaba yemeye kuduha icyiciro cya kabiri.\u201d<\/p>\n<p>Yagaragaje ko aya mafaranga yagize uruhare mu guteza imbere ibikorwaremezo hirya no hino mu cyaro.<\/p>\n<p>Uyu muyobozi kandi yavuze ko imishinga yibandwaho ari iba yagaragajwe n\u2019abaturage, ikaba igira uruhare muri gahunda ya Leta yo kwihutisha iterambere, NST2.<\/p>\n<p>Ambasaderi w\u2019u Budage mu Rwanda, Heike Uta Dettmann, yagaragaje ko kimwe mu bigaragaza umusaruro w\u2019iyi nkunga ari uburyo abana bakiri bato bagana ishuri hirya no hino mu gihugu, ati &#8220;Ntembera [u Rwanda] inshuro nyinshi, ngenda mbona abana bato bafite ibikapu bajya ku ishuri, ubona ko ari ishusho nziza, birashimishije kandi nibyo natwe twifuza.&#8221;<\/p>\n<p>Uturere twagizweho ingaruka n\u2019icyiciro cya mbere cy\u2019uyu mushinga turimo Gisagara, Nyanza, Ngoma, Nyaruguru, Gatsibo, Nyamagabe, Ruhango, Kamonyi, Rulindo, Gakenke, Burera, Gicumbi, Rutsiro, Nyabihu, Ngororero na Nyamasheke.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1850\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_2-6-b4236.jpg\" alt=\"\" width=\"1000\" height=\"746\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_2-6-b4236.jpg 1000w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_2-6-b4236-300x224.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_2-6-b4236-768x573.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/p>\n<p><em>Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta muri Minisiteri y\u2019Imari n\u2019Igenamigambi, Mutesi Rusagara, yavuze ko imikoranire ya Leta y&#8217;u Budage n&#8217;u Rwanda ihagaze neza<\/em><\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1851\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_10-3-e5bef.jpg\" alt=\"\" width=\"1000\" height=\"773\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_10-3-e5bef.jpg 1000w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_10-3-e5bef-300x232.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_10-3-e5bef-768x594.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><em>Umuyobozi w\u2019Ikigo gishinzwe gutera Inkunga ibikorwa by\u2019iterambere mu nzego z\u2019ibanze (LODA), Claudine Nyinawagaga, yavuze ko icyiciro cya mbere cyatanze umusaruro, ari nayo mpamvu hatangijwe icyiciro cya kabiri cy&#8217;uyu mushinga<\/em><\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1852\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_3-3-87ed8.jpg\" alt=\"\" width=\"1000\" height=\"800\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_3-3-87ed8.jpg 1000w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_3-3-87ed8-300x240.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_3-3-87ed8-768x614.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><em>Umuyobozi w\u2019Ishami rya Afurika yo Hagati muri Banki y\u2019Ubukungu n\u2019Iterambere y\u2019u Budage, Simon Koppers, yavuze ko u Budage bwishimira umusaruro w&#8217;inkunga yatanzwe<\/em><\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1853\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_4-5-63363.jpg\" alt=\"\" width=\"1000\" height=\"800\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_4-5-63363.jpg 1000w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_4-5-63363-300x240.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_4-5-63363-768x614.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><em>Ambasaderi w&#8217;u Budage mu Rwanda, Heike Uta Dettmann, yavuze ko akunze gutembera hirya no hino mu Rwanda, akishimira kubona gahunda y&#8217;uburezi kuri bose yaratumye abana benshi bagana amashuri<\/em><\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-1854\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_12-3-9e0a1.jpg\" alt=\"\" width=\"1000\" height=\"667\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_12-3-9e0a1.jpg 1000w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_12-3-9e0a1-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_12-3-9e0a1-768x512.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-1855\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_9-5bfeb.jpg\" alt=\"\" width=\"600\" height=\"419\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_9-5bfeb.jpg 600w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin_9-5bfeb-300x210.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 600px) 100vw, 600px\" \/><\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1856\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin-12-9bbe8.jpg\" alt=\"\" width=\"1000\" height=\"800\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin-12-9bbe8.jpg 1000w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin-12-9bbe8-300x240.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/minecofin-12-9bbe8-768x614.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/p>\n<p><strong><em>Source: IGIHE<\/em><\/strong><\/p>\n<p><em><strong>By:Julien B.<\/strong><\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Amakuru ALARMNEWS ikesha ikinyamakuru IGIHE avuga y&#8217;uko Leta y\u2019u Rwanda na Banki Itsura Amajyambere y\u2019u Budage, KfW, basinye amasezerano y\u2019inkunga ifite agaciro ka miliyari 22 Frw (miliyoni 15 z\u2019Ama-Euro), azifashishwa&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1855,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2,29],"tags":[],"class_list":["post-1849","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-ubukungu"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1849","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1849"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1849\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1855"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1849"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1849"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1849"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}