{"id":1813,"date":"2024-10-07T16:05:07","date_gmt":"2024-10-07T16:05:07","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1813"},"modified":"2024-10-07T16:05:07","modified_gmt":"2024-10-07T16:05:07","slug":"dr-congo-yanze-gusinya-amasezerano-yo-gukemura-amakimbirane-ministiri-olivier-nduhungirehe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/10\/07\/dr-congo-yanze-gusinya-amasezerano-yo-gukemura-amakimbirane-ministiri-olivier-nduhungirehe\/","title":{"rendered":"&#8216;DR Congo yanze gusinya amasezerano yo gukemura amakimbirane\u2019 \u2013Ministiri Olivier Nduhungirehe"},"content":{"rendered":"<p><em>Minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;u Rwanda Olivier Nduhungirehe mu nama i Paris mu mpera z&#8217;icyumweru gishize<\/em><\/p>\n<p>Minisitiri w\u2019ububanyi n\u2019amahanga w\u2019u Rwanda ku wa gatandatu yavuze ko mugenzi we wa DR Congo yanze gusinya amasezerano yo gukemura amakimbirane mu burasirazuba bwa DR Congo agendanye n\u2019inyeshyamba za M23, nk\u2019uko bivugwa n\u2019ibiro ntaramakuru Reuters.<\/p>\n<p>DR Congo ishinja u Rwanda kohereza ingabo zarwo muri Kivu ya Ruguru gufasha umutwe wa M23 \u2013 ibyo u Rwanda ruhakana. U Rwanda na rwo rushinja leta ya Kinshasa gukorana n\u2019umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwa Kigali. Ibyo Kinshasa na yo ihakana.<\/p>\n<p>Ibi bihugu byombi mu kwezi kwa munani byahuriye mu biganiro by\u2019amahoro i Luanda kumvikana ku \u201cmugambi w\u2019amahoro arambye\u201d ibihugu byombi byahawe n\u2019umuhuza Perezida Jo\u00e3o Louren\u00e7o wa Angola.<\/p>\n<p>Minisitiri Olivier Nduhungirehe yavuze ko inzobere z\u2019ibihugu bitatu, zarimo n\u2019umukuru w\u2019ubutasi bwa gisirikare wa DR Congo, zari zumvikanye zinasinya gahunda yo \u201cgusenya umutwe wa FDLR, n\u2019u Rwanda kureka ingamba [zarwo] zo kwirinda\u201d.<\/p>\n<p>Izo &#8220;ngamba zo kwirinda&#8221; ntabwo zasobanuwe.<\/p>\n<p>Ayo masezerano yagombaga gusinywa na Minisitiri Olivier Nduhungirehe na mugenzi we wa DR Congo Th\u00e9r\u00e8se Kayikwamba tariki 14 z\u2019ukwezi gushize kwa Nzeri, ariko ntiyasinywe, kandi impande zombi icyo gihe ntizatangaje ku mugaragaro impamvu.<\/p>\n<p>Ari i Paris aho yari yitabiriye inama y\u2019ibihugu bikoresha Igifaransa (Sommet de la Francophonie) mu mpera z\u2019icyumweru, Nduhungirehe yabwiye Reuters ati:<\/p>\n<p>\u201cTwari twiteguye gusinya\u2026ariko minisitiri wa DR Congo aranga. Yabanje kugira icyo avuga kuri raporo [y\u2019inzobere] maze nyuma, amaze kubaza, aragaruka. Atubwira ko atemera iyo raporo.\u201d<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1814\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/f556a880-8497-11ef-83dd-fbf1b9732cf0.jpg.webp\" alt=\"\" width=\"800\" height=\"533\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/f556a880-8497-11ef-83dd-fbf1b9732cf0.jpg.webp 800w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/f556a880-8497-11ef-83dd-fbf1b9732cf0.jpg-300x200.webp 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/10\/f556a880-8497-11ef-83dd-fbf1b9732cf0.jpg-768x512.webp 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/p>\n<p><em>Ba minisitiri b&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga ba DR Congo n&#8217;u Rwanda bagombaga gusinya amasezerano tariki 14 Nzeri ntibyaba nk&#8217;uko byari byitezwe<\/em><\/p>\n<p>Nyuma y\u2019ibiganiro bya tariki 14 Nzeri, amakuru atandukanye yavugaga ko uruhande rwa DR Congo hari ibyo rutemeye muri raporo yatanzwe n\u2019inzobere.<\/p>\n<blockquote><p>Iyo raporo yarimo umugambi w\u2019ibigomba gukorwa kuri FDLR mbere na mbere, nyuma y\u2019iminsi u Rwanda narwo \u201crukoroshya ingamba zarwo z\u2019ubwirinzi\u201d, nk\u2019uko Reuters isubiramo Nduhungirehe abivuga, yongeraho ko minisitiri wa DR Congo yanze ingingo y\u2019uko ibyo bitabera icyarimwe.<\/p><\/blockquote>\n<p>Icyakora leta ya DRC yo ntiragira icyo ibitangazaho.<\/p>\n<p>Mu kiganiro yahaye BBC mu cyumweru gishize, Minisitiri Th\u00e9r\u00e8se Kayikwamba yavuze ko i Luanda hari amasezerano \u201cyatanzwe ngo tuyumvikaneho ariko ntabwo turagera ku rwego rwo kwemera cyangwa kwanga ayo masezerano.\u201d<\/p>\n<p>Yavuze ko mu gihe batarumvikana \u201chari intambwe zitandukanye zigomba kubanza kugerwaho\u201d, ati: \u201cIntambwe y\u2019ingenzi cyane yagezweho ni ubwumvikane ku gahenge bwemewe n\u2019impande zose\u201d.<\/p>\n<p>Perezida Emmanuel Macron w\u2019Ubufaransa yari yifuje guhuza bagenzi be Paul Kagame w\u2019u Rwanda na F\u00e9lix Tshisekedi wa DR Congo iruhande bombi bari bitabye iyo nama rw\u2019inama ya Francophonie, ariko yavuze ko \u201cibintu bikimeze nabi ku kuba bahura ari batatu\u201d, ahubwo yahuye na buri umwe ku giti cye.<\/p>\n<p>Nduhungirehe yatangaje ko \u201cubu Angola yadutumiye mu nama ya gatanu ya ba minisitiri tariki 12 Ukwakira(10).<\/p>\n<p><strong><em>By Julien B.<\/em><\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;u Rwanda Olivier Nduhungirehe mu nama i Paris mu mpera z&#8217;icyumweru gishize Minisitiri w\u2019ububanyi n\u2019amahanga w\u2019u Rwanda ku wa gatandatu yavuze ko mugenzi we wa DR Congo&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1816,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-1813","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1813","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1813"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1813\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1816"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1813"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1813"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1813"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}