{"id":1774,"date":"2024-09-29T14:48:30","date_gmt":"2024-09-29T14:48:30","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1774"},"modified":"2024-09-29T14:48:30","modified_gmt":"2024-09-29T14:48:30","slug":"marburg-nta-guma-mu-rugo-ihari","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/09\/29\/marburg-nta-guma-mu-rugo-ihari\/","title":{"rendered":"Marburg: Nta guma mu rugo ihari"},"content":{"rendered":"<p>Minisiteri y&#8217;Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko n&#8217;ubwo imaze kubona abantu bagera hafi kuri 300 bahuye n&#8217;abarwayi n&#8217;icyorezo Marburg kimaze iminsi mike kigaragaye mu Rwanda, ngamba zihariye nka guma mu rugo zizafatwa.<\/p>\n<p>Minisitiri w&#8217;Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yagiranye Ikiganiro n&#8217;Itangazamakuru kuri iki cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, avuga ko imibare y&#8217;abarwaye ikiri 20 ndetse n&#8217;abapfuye 6 kugeza ubu.<\/p>\n<p>Yagize ati &#8220;Dufite abahuye n&#8217;abarwayi benshi, hafi 300 bashobora kwiyongera, mushobora kuba mwarahuye mukaramukanya cyangwa mubana mu nzu, ntabwo turarangiza kumenya aho ubwo burwayi bwaturutse, icyihutirwa ni ukumenya aho ubwo burwayi bugeze tukabuhagarika.&#8221;<\/p>\n<p>Minisitiri w&#8217;Ubuzima avuga ko abahuye n&#8217;abarwayi barimo gukurikiranwa, bagapimwa inshuro zirenze imwe, hakaba n&#8217;abo bavana aho bari bakabajyana ahandi ku mpamvu zo gushaka ibimenyetso vuba.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1776\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/09\/marburg.webp\" alt=\"\" width=\"1000\" height=\"671\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/09\/marburg.webp 1000w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/09\/marburg-300x201.webp 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/09\/marburg-768x515.webp 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" \/><\/p>\n<p>MINISANTE ivuga ko Marburg itangira kwigaragaza mu gihe kibarirwa hagati y&#8217;iminsi 2-21 nyuma y&#8217;uko umuntu akoze ku matembabuzi y&#8217;uyirwaye.<\/p>\n<p>Marburg ifite ubukana bwo kwica uyirwaye ku rugero rubarirwa hagati ya 25%-90% bitewe n&#8217;uburyo uwo muntu yihutishijwe kugera kwa muganga, aho ahabwa imiti ivura ibimenyetso gusa, kuko ngo nta muti wihariye iyi virusi igira.<\/p>\n<p>Marburg yandura iyo umuntu akoze ku matembabuzi y&#8217;uyirwaye, ntabwo yandurira mu mwuka. Uwafashwe na yo atangira ababara umutwe, ahinda umuriro, abira ibyuya byinshi, acibwamo kandi aruka.<\/p>\n<p>Minisitiri w&#8217;Ubuzima avuga ko iki gihe atari icyo gufata ingamba zidasanzwe, akaba asaba abantu kudakuka umutima kandi bagakomeza imirimo nk&#8217;uko bisanzwe.<\/p>\n<p>Dr Nsanzimana avuga ko buri mugoroba bazajya batangaza aho bageze bahangana na Marburg kugeza ubu itaramenyekana aho yaturutse n&#8217;umuntu wa mbere mu Rwanda wayirwaye.<\/p>\n<p>Ishami ry&#8217;Umuryango w&#8217;Abibumbye rishinzwe Ubuzima ryizeza u Rwanda ibikoresho byo guhagarika Marburg vuba bishoboka birimo ibyo gupima iyo ndwara.<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisiteri y&#8217;Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko n&#8217;ubwo imaze kubona abantu bagera hafi kuri 300 bahuye n&#8217;abarwayi n&#8217;icyorezo Marburg kimaze iminsi mike kigaragaye mu Rwanda, ngamba zihariye nka guma mu&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1775,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2,26],"tags":[],"class_list":["post-1774","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-ubuzima-iyobokamana"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1774","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1774"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1774\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1775"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1774"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1774"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1774"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}