{"id":1654,"date":"2024-09-16T22:27:52","date_gmt":"2024-09-16T22:27:52","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1654"},"modified":"2024-09-16T22:27:52","modified_gmt":"2024-09-16T22:27:52","slug":"haje-covid-19-nshya-yitwa-xec-abantu-bihutire-gufata-urukingo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/09\/16\/haje-covid-19-nshya-yitwa-xec-abantu-bihutire-gufata-urukingo\/","title":{"rendered":"Haje Covid-19 nshya yitwa XEC, abantu bihutire gufata urukingo"},"content":{"rendered":"<p>Ikinyamakuru BBC cy&#8217;Abongereza kivuga ko hari ubwoko bushya bwa Covid-19 bwitwa XEC bwatangiriye mu gihugu cy&#8217;u Budage, ariko bukaba ngo bwageze mu bihugu bitandukanye byo ku isi, biba ngombwa ko abantu bose basabwa gutangira kwikingiza guhera mu kwezi gutaha kwa cumi.<\/p>\n<p>Abakozi b&#8217;ikigo cy&#8217;u Bwongereza gishinzwe Ubuzima(UK Health Security Agency\/UKHSA), basaba abaturage kuzitabira gufata urukingo rw&#8217;iyo Covid-19, kugira ngo idahinduka icyorezo mu mezi make ari imbere.<\/p>\n<p>XEC imaze kugaragara mu bihugu bitandukanye birimo u Budage, u Bwongereza, Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) Denmark n&#8217;ahandi, nk&#8217;uko bitangazwa n&#8217;abakoresha urubuga rwa X rwahoze ari Twitter.<\/p>\n<p>Abaganga bavuga ko ubukana bwa XEC bushobora kuyitera gukwira henshi ku isi muri ibi bihe by&#8217;umuhindo kuva muri Nzeri-Ukuboza 2024, mu gihe hadashyizweho gahunda yo gufata urukingo rushya.<\/p>\n<p>BBC ivuga ko abafite intege nke z&#8217;umubiri, bazahabwa urukingo rw&#8217;ubuntu, kandi inkingo za Covid-19 zimaze kuvugururwa kugira ngo zibashe guhangana no kwihinduranya kw&#8217;amoko mashya y&#8217;icyo cyorezo.<\/p>\n<p>Umuyobozi w&#8217;Ikigo cyigisha ibijyanye n&#8217;utunyangingo(genetics) muri Kaminuza yo mu Bwongereza yitwa University College London, Prof Fran\u00e7ois Balloux, avuga ko n&#8217;ubwo XEC irusha ubukana andi moko ya COVID-19, inkingo zayo ngo zifite uburyo ziyica intege.<\/p>\n<p>Prof Balloux avuga ko XEC ishobora kuzaba icyorezo gikomeye kugeza no mu bihe by&#8217;Urugaryi by&#8217;ukwezi k&#8217;Ukuboza 2024, Mutarama na Gashyantare 2025.<\/p>\n<p>Umuyobozi w&#8217;Ikigo cyo muri USA cyitwa &#8216;Scripps Research Translational Institute&#8217;, muri California, Eric Topol, agira ati &#8220;XEC yatangiye kugaragara, kandi nyuma y&#8217;ibyumweru byinshi cyangwa amezi abiri izaba yahindutse icyorezo, yageze ku rwego rwo hejuru.&#8221;<\/p>\n<p>Ibimenyetso bya XEC bigaragara ngo ni uguhinda umuriro, uburibwe, gucika intege, inkorora no gukakara mu mihogo, ariko umuntu agatangira koroherwa nyuma y&#8217;ibyumweru bike n&#8217;ubwo ngo gukora bitwara igihe kirekire.<\/p>\n<p>Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Bwongereza(UKHSA) kivuga ko kizatangira gukingira Covid-19 mu kwezi k&#8217;Ukwakira 2024, gihereye ku bafite intege nke z&#8217;umubiri nk&#8217;abasheshe akanguhe, abarwayi n&#8217;abakora mu nzego zikorana n&#8217;abantu benshi nk&#8217;abaganga n&#8217;abita ku bakuze, n&#8217;ubwo ngo iyo gahunda ishobora gutangira mbere yaho.<\/p>\n<p>Umuyobozi wungirije wa UKHSA, Dr Gayatri Amirthalingam yagize ati &#8220;Ni ibisanzwe ko virusi yihinduranya mu buryo bw&#8217;utunyangingo, UKHSA ikomeje gukurikirana amakuru yose yerekeye ubwoko bushya bwa Covid-19 mu Bwongereza n&#8217;ahandi hose ku Isi, hamwe no kuyatangaza mu buryo buhoraho.&#8221;<\/p>\n<p>Dr Amirthalingam avuga ko inkingo zibuza umuntu kuremba kubera Covid-19, agasaba umuntu wese abakozi b&#8217;inzego z&#8217;ubuzima bazageraho, kwitabira gufata urukingo muri iki gihe cy&#8217;Umuhindo.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ikinyamakuru BBC cy&#8217;Abongereza kivuga ko hari ubwoko bushya bwa Covid-19 bwitwa XEC bwatangiriye mu gihugu cy&#8217;u Budage, ariko bukaba ngo bwageze mu bihugu bitandukanye byo ku isi, biba ngombwa ko&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1655,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2,26],"tags":[],"class_list":["post-1654","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-ubuzima-iyobokamana"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1654","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1654"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1654\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1655"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1654"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1654"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1654"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}