{"id":1514,"date":"2024-09-02T12:21:41","date_gmt":"2024-09-02T12:21:41","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1514"},"modified":"2024-09-02T12:21:41","modified_gmt":"2024-09-02T12:21:41","slug":"leta-ya-madagascar-yemeje-igihano-cyo-gukona-uwafashe-umwana-ku-ngufu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/09\/02\/leta-ya-madagascar-yemeje-igihano-cyo-gukona-uwafashe-umwana-ku-ngufu\/","title":{"rendered":"Leta ya Madagascar yemeje igihano cyo gukona uwafashe umwana ku ngufu"},"content":{"rendered":"<p>Leta ya Madagascar mu cyumweru gishize yasohoye itegeko ryo gukona hakoreshejwe kubaga umuntu wese wahamwe n\u2019icyaha cyo gusambanya umwana ku ngufu. Ni itegeko ryateje impaka kuva ryatorwa n\u2019inteko ishinga amategeko.<\/p>\n<p>Amakuru ya BBC avuga yuko Muri Gashyantare(2) ari bwo sena ya Madagascar yatoye yemeza iri tegeko, ryohererezwa Perezida Andry Rajoelina ngo arisinye ribe ryatangira gushyirwa mu ngiro.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019impinduka zimwe zarikozwemo mu cyumweru ubu ni bwo ryasohotse nk\u2019itegeko rishobora kujya mu ngiro.<\/p>\n<p>Ibinyamakuru byo muri Madagascar bivuga ko iri tegeko ryasinywe ku wa kabiri w\u2019icyumweru gishize nubwo byamenyekanye mu mpera z\u2019icyo cyumweru.<\/p>\n<p>Gukona umuntu hakoreshejwe kubaga ni byo byemejwe muri iri tegeko, ryavanyemo ingingo yo gukona hakoreshejwe imiti, ibyo urukiko rwasanze binyuranyije n\u2019itegeko nshinga,nk\u2019uko ibinyamakuru byaho bibivuga.<\/p>\n<p>Mu gihe abaturage ba Madagascar biboneka ko bashyigikiye iri tegeko ari benshi, imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, nka Amnesty International, yamaganye iri tegeko ivuga ko ari \u201cubugome bukabije\u201d.<\/p>\n<p>Kwamagana iri tegeko ubwo ryari ryatowe n\u2019Inteko Ishingamategeko mu mezi ashize byatumye Isabelle Delattre wari ambasaderi w\u2019Ubumwe bw\u2019Uburayi muri Madagascar yirukanwa muri Mata(4) uyu mwaka, nk\u2019uko bivugwa n\u2019ikinyamakuru La Gazette de la Grande \u00cele.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1516\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/09\/madagascar_political_map.png\" alt=\"\" width=\"649\" height=\"800\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/09\/madagascar_political_map.png 649w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/09\/madagascar_political_map-243x300.png 243w\" sizes=\"auto, (max-width: 649px) 100vw, 649px\" \/>Leta ya Madagascar ivuga ko hari hakenewe uburyo bukarishye bwo guca intege abasambanya abana ku ngufu kuri iki kirwa. Muri za gereza zaho hari abantu babarirwa bihumbi bakatiwe n\u2019abakekwaho iki cyaha.<\/p>\n<p>Ibinyamakuru muri Madagascar bivuga ko iki gihano kizaba kigizwe no kubaga imyanya myibarukiro y\u2019uwahamijwe icyo cyaha, bagahagarika ubushobozi bw\u2019imirerantanga (ku bagore) n\u2019udusabo tw\u2019intangangabo (ku bagabo) bwo kurekura intanga ibyara no kwifuza imibonano mpuzabitsina.<\/p>\n<p>Iryo tegeko rivuga ko mu kubikora hazubahirizwa uburenganzira bwa muntu bwo kudakorerwa iyicarubozo.<\/p>\n<p>Gusa abaharanira uburenganzira bakomeje kunenga iki gihano bavuga ko gihabanye n\u2019uburenganzira bw\u2019ibanze bwa muntu.<\/p>\n<p>M ntangiriro z\u2019uyu mwaka, ubucamanza bwo muri Madagascar &#8211; ikirwa gituwe n&#8217;abaturage miliyoni hafi 29 &#8211; bwatangaje ko habayeho ukwiyongera gukabije kw\u2019ibyaha byo gusambanya abana ku ngufu.<\/p>\n<p>Muri Mutarama(1) gusa hari hamaze kubarurwa ibirego 133 by\u2019ibi byaha, mu gihe mu mwaka ushize hari habaruwe ibirego 600 byo gufata abana ku ngufu.<\/p>\n<p><em>By Julien B\u00a0<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Leta ya Madagascar mu cyumweru gishize yasohoye itegeko ryo gukona hakoreshejwe kubaga umuntu wese wahamwe n\u2019icyaha cyo gusambanya umwana ku ngufu. Ni itegeko ryateje impaka kuva ryatorwa n\u2019inteko ishinga amategeko.&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1515,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-1514","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1514","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1514"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1514\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1515"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1514"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1514"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1514"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}