{"id":1491,"date":"2024-08-31T15:47:54","date_gmt":"2024-08-31T15:47:54","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1491"},"modified":"2024-08-31T15:47:54","modified_gmt":"2024-08-31T15:47:54","slug":"aborozi-175000-bagiye-gufashwa-kuzamura-umukamo-muri-rddp2","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/08\/31\/aborozi-175000-bagiye-gufashwa-kuzamura-umukamo-muri-rddp2\/","title":{"rendered":"Aborozi 175,000 bagiye gufashwa kuzamura umukamo muri RDDP2"},"content":{"rendered":"<p>Minisiteri y&#8217;Ubuhinzi n&#8217;Ubworozi (MINAGRI) yatangije umushinga w&#8217;imyaka 6 wiswe RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw&#8217;inka zitanga umukamo, aho aborozi bazafashwa kongera umukamo bahangana n&#8217;imihindagurikire y&#8217;ibihe.<\/p>\n<p>Aborozi bahagarariye abandi mu jtangizwa ry&#8217;uyu mushinga kuri uyu wa Gatanu tariki 30, batanze ibyifuzo bigera muri 7, basaba ko byazitabwaho kugira ngo umusaruro basabwa uboneke.<\/p>\n<p>Nyirangirababyeyi Floride wahagarariye abo muri Bugesera, yifuza ko inka atunze yava kuri litiro 5 ikamwa ku munsi igatanga nibura litiro 20 ku munsi, kubera iyo mpamvu agasaba gutererwa intanga z&#8217;icyororo gishya gitanga umukamo urushijeho.<\/p>\n<p>Nyirangirababyeyi yagize ati &#8220;Dukeneye inka zifite umukamo kandi ba veterineri bakanoza uburyo bwo gutera intanga, hari igihe baza hashize nk&#8217;iminsi 3 umuntu amuhamgaye inka yamaze guta umurindo.&#8221;<\/p>\n<p>Bavuga kandi ko bakeneye ibigega bifata amazi y&#8217;imvura yo kuhira amatungo ari na ko bibarinda isuri, bagashaka gufashwa kuvugurura ibiraro, guhabwa amahugurwa atuma bamenya uko bagaburira inka, bakanasaba imbuto y&#8217;ubwatsi bwihanganira imihindagurikire y&#8217;ibihe.<\/p>\n<p>Aborozi b&#8217;inka zitanga umukamo basaba kandi kuzahabwa imodoka ibatwarira amata, hamwe no kubakirwa amakusanyirizo afite aho bakonjeshereza amata.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1493\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0031.jpg\" alt=\"\" width=\"1600\" height=\"1066\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0031.jpg 1600w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0031-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0031-1024x682.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0031-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0031-1536x1023.jpg 1536w\" sizes=\"auto, (max-width: 1600px) 100vw, 1600px\" \/><\/p>\n<p>Umushinga wa &#8216;Rwanda Dairy Development Project(RDDP2)&#8217;, icyiciro cyawo cya kabiri, uzashyirwa mu bikorwa n&#8217;Ikigo giteza imbere Ubuhinzi n&#8217;Ubworozi(RAB) hamwe na &#8216;Heifer International&#8217; mu gihe cy&#8217;imyaka itandatu, hakazakoreshwa Amadolari ya Amerika miliyoni 100 n&#8217;ibihumbi 37(akaba ahwanye n&#8217;amafaranga y&#8217;u Rwanda arenga miliyari 127).<\/p>\n<p>MINAGRI ivuga ko uyu mushinga watewe inkunga n&#8217;Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere Ubuhinzi n&#8217;Ubworozi(IFAD), uzafasha aborozi barenga ibihumbi 175 bo mu turere 27 tw&#8217;intara 4 zigize Igihugu, Umujyi wa Kigali na wo ukazakorerwamo ubucuruzi no gutunganya ibikomoka ku mata.<\/p>\n<p>MINAGRI n&#8217;abafanyabikorwa bayo bavuga ko aborozi bazajya batererwa intanga z&#8217;inka zitanga umukamo mwinshi, bafashwe kubona ubwatsi n&#8217;amazi bihagije, hamwe n&#8217;ubumenyi bwo kwita kuri ayo matungo.<\/p>\n<figure id=\"attachment_1494\" aria-describedby=\"caption-attachment-1494\" style=\"width: 1600px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-1494\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0034.jpg\" alt=\"\" width=\"1600\" height=\"1066\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0034.jpg 1600w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0034-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0034-1024x682.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0034-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0034-1536x1023.jpg 1536w\" sizes=\"auto, (max-width: 1600px) 100vw, 1600px\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-1494\" class=\"wp-caption-text\">Dr Olivier Kamana wa MINAGRI<\/figcaption><\/figure>\n<p>Umunyamabanga Uhoraho muri MINAGRI, Dr Olivier Kamana, avuga ko aborozi bazahabwa ubwoko bw&#8217;ibyatsi bitanga umukamo, ndetse n&#8217;ibisigazwa by&#8217;imyaka yeze mu mirima bizatunganywa bibikwe neza, kugira ngo bigaburirwe inka mu gihe cy&#8217;impeshyi.<\/p>\n<p>Dr Kamana yizeza ko hazatangwa shitingi zishyirwa mu byobo bifata amazi y&#8217;imvura (dam sheets) mu rwego rwo kubika amazi y&#8217;inka ahagije, hamwe no kwirinda isuri.<\/p>\n<p>Avuga kandi ko amakusanyirizo y&#8217;amata azongererwa ubushobozi bwo gukonjesha, kugura amata ku mworozi ku giciro kimunogeye, kandi ko hazatangwa inka zirenga ibihumbi 25 ku bafite amikoro make, muri gahunda ya girinka.<\/p>\n<p>Dr Kamana yakomeje agira ati &#8220;Uko igiciro cy&#8217;amata kizamuka ku mworozi, bituma uruhererekane nyongera gaciro rwose rutera imbere, uwo muturage udafite inka na we twizera ko bizarangira imugezeho kuko gahunda ya girinka irakomeje kandi murabona ko n&#8217;uyu umushinga uzayitera inkunga.&#8221;<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1495\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0029.jpg\" alt=\"\" width=\"1600\" height=\"1066\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0029.jpg 1600w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0029-300x200.jpg 300w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0029-1024x682.jpg 1024w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0029-768x512.jpg 768w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/IMG-20240830-WA0029-1536x1023.jpg 1536w\" sizes=\"auto, (max-width: 1600px) 100vw, 1600px\" \/><\/p>\n<p>Uruganda Inyange rutunganya amata, ruvuga ko rukeneye litiro ibihumbi 850 ku munsi kugira ngo rubashe kuyatunganyamo ibicuruzwa bitandukanye birimo n&#8217;amata y&#8217;ifu.<\/p>\n<p>Imibare ya MINAGRI igera muri Kamena umwaka ushize wa 2023 yagaragazaga ko mu Rwanda hari inka zirenga miliyoni imwe n&#8217;ibihumbi 600.<\/p>\n<p>MINAGRI na IFAD birateganya ko umushinga wa RDDP2 uzahesha imirimo urubyiruko ibihumbi 10 n&#8217;abagore ibihumbi 15, ikaba imirimo yiganjemo ubucuruzi, bakaba bashishikarizwa kuzakurikiranira hafi ibikorwa by&#8217;uwo mushinga kugira ngo badacikanwa.<\/p>\n<p>Umuyobozi wa IFAD mu Rwanda n&#8217;i Burundi, Dagmawi Selassie, avuga ko miliyoni 40 z&#8217;amadolari bashoye muri RDDP1 yabyaye irindi shoramari ry&#8217;amadolari ya Amerika arenga miliyoni 80.<\/p>\n<p><strong>Source: Kigali Today<\/strong><\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisiteri y&#8217;Ubuhinzi n&#8217;Ubworozi (MINAGRI) yatangije umushinga w&#8217;imyaka 6 wiswe RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw&#8217;inka zitanga umukamo, aho aborozi bazafashwa kongera umukamo bahangana n&#8217;imihindagurikire y&#8217;ibihe. Aborozi bahagarariye abandi mu jtangizwa&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1492,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[29],"tags":[],"class_list":["post-1491","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubukungu"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1491","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1491"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1491\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1492"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1491"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1491"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1491"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}