{"id":1383,"date":"2024-08-28T14:34:43","date_gmt":"2024-08-28T14:34:43","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1383"},"modified":"2024-08-28T14:34:43","modified_gmt":"2024-08-28T14:34:43","slug":"amatora-yabasenateri-ni-bantu-ki-batorwa-bate-na-nde-batorerwa-he","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/08\/28\/amatora-yabasenateri-ni-bantu-ki-batorwa-bate-na-nde-batorerwa-he\/","title":{"rendered":"Amatora y&#8217;Abasenateri: Ni bantu ki? batorwa bate? Na nde? Batorerwa he?"},"content":{"rendered":"<p dir=\"ltr\">Sena ni umwe mu Mitwe ibiri igize Inteko Ishinga Amategeko y\u2019u Rwanda, ikaba ari yo mutwe Mukuru ku w\u2019Abadepite. Abagize Sena bitwa Abasenateri, bakaba bashinzwe kugenzura niba nta nenge ziri mu Itegeko Nshinga n\u2019Amategeko Ngenga Igihugu kigenderaho.<\/p>\n<p dir=\"ltr\">Abasenateri bashinzwe kandi iyubahirizwa ry\u2019amahame remezo ari mu ngingo ya 10 y\u2019Itegeko Nshinga rya Repubulika y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p dir=\"ltr\"><b>Abasenateri batorerwa he?<\/b><\/p>\n<p dir=\"ltr\">Sena igizwe n\u2019abasenateri 26, buri muntu agomba kuba afite nibura imyaka 40 y\u2019amavuko, bakaba kandi bagomba kuba bahagarariye ibyiciro byose by\u2019Abanyarwanda, bakaba batorerwa manda y\u2019imyaka 5 nk\u2019uko Itegeko ryo muri 2019 ribiteganya.<\/p>\n<p dir=\"ltr\">Barimo 12 baturuka muri buri Ntara n\u2019Umujyi wa Kigali, aho Intara y\u2019Iburengerazuba ivamo 3, iy\u2019Amajyepfo ikavamo 3, iy\u2019Iburasirazuba ikavamo 3, iy\u2019Amajyaruguru ikavamo 2 (kuba bake biraterwa n\u2019uko iyo Ntara ifite umubare muto w\u2019abaturage), Umujyi wa Kigali ukaba uvamo Umusenateri umwe.<\/p>\n<p dir=\"ltr\">Harimo kandi Abasenateri 8 bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, hakaba Abasenateri 4 baturuka mu mitwe ya politiki yemewe mu Rwanda uko ari 11, hakaba n\u2019Abasenateri babiri bahagarariye amashuri makuru na za kaminuza(umwe ava mu mashuri makuru ya Leta, undi akaba aturuka mu mashuri makuru yigenga).<\/p>\n<p dir=\"ltr\"><b>Abasenateri biyamamariza he, bagatorerwa he?<\/b><\/p>\n<p dir=\"ltr\">12 bahagarariye inzego z\u2019Ubutegetsi (bavuye mu Ntara), batorwa n\u2019Inama Njyanama z\u2019Uturere na Biro nyobozi z\u2019Inama Njyanama z\u2019Imirenge yose igize Igihugu, bakiyamamariza muri buri Karere, akaba ari na ho ababatora baza gukorera icyo gikorwa, amajwi agakusanyirizwa ku biro bya buri Ntara.<\/p>\n<p dir=\"ltr\">Umuvugizi wa Komisiyo y\u2019Igihugu y\u2019Amatora (NEC), Mo\u00efse Bukasa Karani, avuga ko hari uburyo bwinshi uwifuza kuba umusenateri ashobora kwiyamamazamo, yajya kuri radio cyangwa kuri televiziyo runaka, yabishyira ku mbuga nkoranyambaga ze n\u2019ahandi, ariko akitondera Itegeko rigenga amatora.<\/p>\n<p dir=\"ltr\">Bukasa akomeza agira ati &#8220;Uretse uko kwiyamamaza kwabo, twebwe nka NEC icyo tubafasha ni uko nibura umunsi umwe bazahura n\u2019iyo nteko itora muri buri Karere, icyo gihe rero iyo bahuye baragenda bakiyamamaza, tukabaha iminota batagomba kurenza, hanyuma bo bagakomeza mu buryo bwabo.&#8221;<\/p>\n<p dir=\"ltr\">Hari Abasenateri 4 bava mu mitwe ya politiki, bakaba batorerwa ku cyicaro cy\u2019aho iyo mitwe ikorera ku bwumvikane bwayo, bitewe n\u2019icyo buri mutwe uhuriyeho n\u2019undi, mu gihe abahagarariye amashuri makuru na Kaminuza batorwa n\u2019abarimu bagenzi babo (bikabera mu mashuri yegeranye mu gace runaka).<\/p>\n<p dir=\"ltr\"><strong>Source: Kigali Today<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Sena ni umwe mu Mitwe ibiri igize Inteko Ishinga Amategeko y\u2019u Rwanda, ikaba ari yo mutwe Mukuru ku w\u2019Abadepite. Abagize Sena bitwa Abasenateri, bakaba bashinzwe kugenzura niba nta nenge ziri&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1385,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-1383","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1383","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1383"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1383\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1385"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1383"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1383"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1383"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}