{"id":1356,"date":"2024-08-27T20:11:10","date_gmt":"2024-08-27T20:11:10","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1356"},"modified":"2024-08-27T20:11:10","modified_gmt":"2024-08-27T20:11:10","slug":"ibitero-bikomeye-byuburusiya-byibasiye-ukraine-kuri-uyu-wa-kabiri","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/08\/27\/ibitero-bikomeye-byuburusiya-byibasiye-ukraine-kuri-uyu-wa-kabiri\/","title":{"rendered":"Ibitero bikomeye by&#8217;Uburusiya byibasiye Ukraine kuri uyu wa kabiri"},"content":{"rendered":"<p>Inkuru ya BBC<\/p>\n<p>Uburusiya bwibasiye Ukraine mu yindi nkubiri y&#8217;ibitero byiciwemo abantu, umunsi umwe nyuma yuko buyigabyeho kimwe mu bitero binini cyane byo mu kirere bibayeho muri iyi ntambara.<\/p>\n<p>Abategetsi bavuze ko abantu nibura babiri biciwe mu gitero kuri hoteli yo mu mujyi wa Kryvyi Rih, rwagati muri Ukraine, naho abandi babiri bapfiriye mu bitero by&#8217;indege nto z&#8217;intambara zitajyamo umupilote zizwi nka &#8216;drone&#8217;, mu karere ka Zaporizhzhia, mu majyepfo ashyira uburasirazuba.<\/p>\n<p>Mbere, abagenzuzi b&#8217;ikirere ba Ukraine batahuye indege z&#8217;Uburusiya zigaba ibitero bya misile zihuta cyane kurusha umuvuduko w&#8217;ijwi zizwi nka &#8216;hypersonic missiles&#8217;, ndetse igisikare cya Ukraine kirwanira mu kirere cyavuze ko cyahanuye misile eshanu hamwe na &#8216;drone&#8217; 60.<\/p>\n<p>Abantu nibura batandatu barapfuye mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa mbere, naho abandi babarirwa muri za mirongo barakomeretse, ubwo uturere turenga kimwe cya kabiri cy&#8217;uturere twa Ukraine twagabwagaho ibitero na &#8216;drone&#8217; n&#8217;ibisasu bya misile by&#8217;Uburusiya.<\/p>\n<p>Ibikorwa-remezo by&#8217;amashanyarazi byarashweho, bituma umuriro ubura mu mijyi myinshi, ndetse bigira ingaruka no ku buryo bwo kubona amazi.<\/p>\n<p>Itangazo rya minisiteri y&#8217;ingabo z&#8217;Uburusiya ryavuze ko intwaro zidahusha zirasa kure zo mu kirere n&#8217;izirasira mu nyanja zakoreshejwe mu kurasa ku bigo by&#8217;ingufu z&#8217;amashanyarazi n&#8217;ibikorwa-remezo bijyanye na zo muri Ukraine, harimo no mu murwa mukuru Kyiv, mu karere ka Lviv, mu karere ka Kharkiv no mu karere ka Odesa.<\/p>\n<p>Perezida w&#8217;Amerika Joe Biden yavuze ko ibyo bitero ari &#8220;agahomamunwa&#8221;, avuga ko Amerika izakomeza gufasha umuyoboro w&#8217;amashanyarazi wa Ukraine.<\/p>\n<p>Minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;Ubwongereza David Lammy yamaganye &#8220;ibitero by&#8217;ubugwari bya misile na drone by&#8217;Uburusiya ku bikorwa-remezo bya gisivile&#8221;.<\/p>\n<p>Mu bitero bishya byo mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa kabiri, Uburusiya bwavuze ko bwateye misile 10, bunohereza &#8216;drone&#8217; 81.<\/p>\n<p>Hoteli yarashweho na misile yo mu bwoko bwa &#8216;ballistic&#8217; mu mujyi wa Kryvyi Rih mu ijoro ryo ku wa mbere, yica umugabo n&#8217;umugore, ndetse abandi bantu benshi barakomereka. Abantu babiri batangajwe ko baburiwe irengero.<\/p>\n<p>Umujyi wa Kryvyi Rih ni wo Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky avukamo.<\/p>\n<p>Hagati aho, umukuru w&#8217;ubutegetsi bw&#8217;akarere ka Zaporizhzhia, Ivan Fedorov, yavuze ko abantu babiri bishwe, naho abandi bane barakomereka mu bitero bya &#8216;drone&#8217;.<\/p>\n<p>Ibiturika byanatangajwe ko byumvikanye i Kyiv, no mu turere twa Sumy, Khmelnytsky na Mykolayiv.<\/p>\n<p>Hanatahuwe uburyo bwo kurasa misile nyinshi zihuta cyane kurusha ijwi zo mu bwoko bwa &#8216;ballistic&#8217; zirasirwa mu kirere, zigorana ku bwirinzi bwo mu kirere mu kuzifata.<\/p>\n<p>Ibi bitero bishya birimo kubonwa nko kugerageza kw&#8217;Uburusiya kwo kongera gushimangira ko bugenzura iyi ntambara, nyuma yuko Ukraine iherutse kwigarurira ubutaka mu karere ka Kursk ko mu Burusiya.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1358\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/646bf58-kryvyj-rig21300_690x387.jpg\" alt=\"\" width=\"690\" height=\"387\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/646bf58-kryvyj-rig21300_690x387.jpg 690w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/646bf58-kryvyj-rig21300_690x387-300x168.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 690px) 100vw, 690px\" \/><\/p>\n<p>Uburusiya bwatangiye kurasa ku bikorwa-remezo by&#8217;amashanyarazi bya Ukraine kuva mu ntangiriro y&#8217;igitero gisesuye cyabwo kuri Ukraine, cyatangiye muri Gashyantare (2) mu 2022.<\/p>\n<p>Mu mezi ya vuba aha ashize, bwasubukuye ibitero byabwo ku muyoboro w&#8217;amashanyarazi wa Ukraine, bituma umuriro w&#8217;amashanyarazi ubura kenshi mu gihugu.<\/p>\n<p>Ku wa mbere, Zelensky yasabye inshuti za Ukraine zo mu burengerazuba, zirimo Ubwongereza, Amerika n&#8217;Ubufaransa, guhindura amategeko yazo zikareka Ukraine igakoresha intwaro zayihaye, ikazirashisha kure cyane mu Burusiya.<\/p>\n<p>Ukraine yemerewe gukoresha zimwe mu ntwaro z&#8217;uburengerazuba mu kurasa imbere mu Burusiya \u2013 ariko zitari intwaro zo kurasa mu ntera ndende.<\/p>\n<p>Zelensky yavuze ko &#8220;dushobora gukora byinshi kurushaho mu kurinda ubuzima&#8221; niba igisirikare cy&#8217;ibihugu by&#8217;Uburayi kirwanira mu kirere gikoranye n&#8217;ubwirinzi bwo mu kirere bwa Ukraine.<\/p>\n<p>By Julien<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Inkuru ya BBC Uburusiya bwibasiye Ukraine mu yindi nkubiri y&#8217;ibitero byiciwemo abantu, umunsi umwe nyuma yuko buyigabyeho kimwe mu bitero binini cyane byo mu kirere bibayeho muri iyi ntambara. Abategetsi&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1377,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-1356","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1356","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1356"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1356\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1377"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1356"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1356"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1356"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}