{"id":1317,"date":"2024-08-26T18:49:29","date_gmt":"2024-08-26T18:49:29","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1317"},"modified":"2024-08-26T18:49:29","modified_gmt":"2024-08-26T18:49:29","slug":"kuki-aba-gen-z-naba-millennials-batitaba-telefone","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/08\/26\/kuki-aba-gen-z-naba-millennials-batitaba-telefone\/","title":{"rendered":"Kuki aba Gen Z n\u2019aba Millennials batitaba telefone?"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: left\">Inkuru ya BBC<\/p>\n<p>Ubushakashatsi buheruka gukorwa bwerekana ko kimwe cya kane cy\u2019abari hagati y\u2019imyaka 18 na 34 batajya bitaba telephone \u2013 ababukoreweho bavuga ko birengagiza iyo telephone isona, bagasubiza banditse ubutumwa cyangwa bakabanza gushaka uko bamenya uwari ahamagaye, iyo batayizi.<\/p>\n<p>Ubu bushakashatsi bwa Uswitch\u00a0bwakozwe ku bantu 2,000 bwasanze kandi 70% by\u2019abari hagati y\u2019imyaka 18 na 34 bahitamo ubutumwa bwanditse aho guhamagara\/rwa.<\/p>\n<p>Ku bantu bo mu biragano (generations) bikuru kuri aba, kuvugira kuri telephone ni ibintu bisanzwe \u2013 kuri bamwe kuvugira kuri telephone y\u2019umugozi yo mu nzu cyangwa kuri Kiosk nibyo bamwe bakuriyemo cyangwa bakuze babona.<\/p>\n<p>Ku rundi ruhande abo muri iriya myaka bo bakuze bakoresha ahanini kwandika ubutumwa.<\/p>\n<p>Kuva ababyeyi bampa telephone ya Nokia bahina ku isabukuru yanjye y\u2019imyaka 13, natwawe no kwandika ubutumwa.<\/p>\n<p>Nashoboraga kumara umugoroba wose nyuma y\u2019ishuri nandika \u2018message\u2019 y\u2019amagambo 160 ku nshuti zanjye, nsiba ibitari ngombwa nongera nsubiramo, kugeza ubutumwa bubaye uko mbwifuza.<\/p>\n<p>Mu 2009, ubwo guhamaraga kuri telephone byari bihenze, kwandika ubutumwa bugufi byatangiye gukoreshwa na benshi, ni ho ikiragano cy\u2019ubutumwa bugufi cyavukiye.<\/p>\n<p>Guhamagara byatangiye kuba ku bw\u2019impamvu yihutirwa, na ho za telephone z\u2019umugozi zo mu nzu zihinduka izo guhamagara ba nyogokuru, ku bari bazifite.<\/p>\n<p>Dr Elena Touroni, inzobere mu mitekerereze, asobanura ko kuko ababyiruka batagize umuco wo kuvugira kuri telephone, \u201cubu kuyivugiraho bisa n\u2019ikintu kidasanzwe kuko bitagezweho\u201d.<\/p>\n<p>Ibi bishobora gutuma abato batinya ko hari ikintu kibi kibaye iyo telephone yabo ihamagawe.<\/p>\n<p>Hejuru ya kimwe cya kabiri cy\u2019urubyiruko rwasubije mu bushakashatsi bwa Uswitch bavuze ko iyo telephone ibahamagaye batari bayiteze bitega kumva inkuru mbi.<\/p>\n<p>Eloise Skinner inzobere mu kuvura indwara zo mutwe asobanura ko igishyika giterwa no guhamagarwa kiva \u201cku gutinya ikibi gishobora kuza\u201d.<\/p>\n<p>Ati: \u201cMu gihe ubuzima bwacu bugenda burushaho guhuga n\u2019akazi kakazamo ibitari biteganyijwe, tubona umwanya muto wo guhamagara inshuti ngo tuganire gusa. Guhamagara rero bihinduka iby\u2019inkuru ikomeye mu buzima bwacu, akenshi ishobora kuba ari inkuru ikomeye cyangwa mbi\u201d.<\/p>\n<p>\u201cNi ibyo neza neza\u201d, ni ko Jack Longley w\u2019imyaka 26 avuga, yongeraho ko nawe atajya yitaba telephone atazi kuko \u201cishobora kuba ari abashukanyi cyangwa abagurisha ibicuruzwa.<\/p>\n<p>\u201cBiroroshye kureka kuzitaba ahubwo ugashakisha ukumenya ab\u2019ukuri baguhamagaye\u201d.<\/p>\n<p>Ariko kutavugira kuri telephone ntibivuze ko urubyiruko rutaganira n\u2019inshuti zarwo \u2013 imbuga bahuriramo (group chats) ziba zishyushye umunsi wose mu butumwa butebya, \u2018memes\u2019, ibihuha, ndetse na vuba aha za \u2018voice notes\u2019.<\/p>\n<p>Byinshi muri ibi biganiro bibera ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane kuri WhatsApp, Instagram na Snaptchat aho biba byoroshye kohereza ifoto, cyangwa \u2018memes\u2019, bikajyana n\u2019ubutumwa bwanditse.<\/p>\n<p>Mu gihe twese twemera ko guhamagara bitakigezweho cyane, gukoresha \u2018voice notes\u2019 byo byaciyemo ibice ababyiruka n\u2019abakuze.<\/p>\n<p>Mu bushakashatsi bwa Uswitch, 37% by\u2019abari hagati y\u2019imyaka 18 na 34 bahitamo gukoresha \u2018voice notes\u2019 mu itumanaho. Naho 1% mu bari hagati y\u2019imyaka 35 na 54 nibo bahitamo \u2018voice notes\u2019 aho guhamagara.<\/p>\n<p>Susie Jones, umunyeshuri w\u2019imyaka 19, ati: \u201cVoice note ni nko kuvugira kuri telephone, ariko ni byiza kurushaho. Ubasha kumva ijwi ry\u2019inshuti yawe kandi nta gitutu, rero ni uburyo bwiza bw\u2019itumanaho\u201d.<\/p>\n<p>Ariko kuri njye, kumva \u2018voice note\u2019 y\u2019iminota itanu y\u2019inshuti imbwira ibibabaje mu buzima bwe sibyo mpitamo, mu gihe iyo nkuru yose yayinyandikira mu magambo macye.<\/p>\n<p>Gusa byombi, ubutumwa bwanditse na \u2018voice notes\u2019 bituma urubyiruko ruganira mu buryo bwarwo kandi bigatuma basubiza babitekerejeho.<\/p>\n<p><strong>Kwanga kwitaba telephone ku kazi<\/strong><\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-1322\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/992d4c40-639e-11ef-8c32-f3c2bc7494c6.jpg.webp\" alt=\"\" width=\"612\" height=\"408\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/992d4c40-639e-11ef-8c32-f3c2bc7494c6.jpg.webp 612w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/992d4c40-639e-11ef-8c32-f3c2bc7494c6.jpg-300x200.webp 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 612px) 100vw, 612px\" \/><\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>Ariko se ni ku ruhe rugero kwanga guhamagara\/rwa bitangira kugira ingaruka ku buzima mu kazi kawe.<\/p>\n<p>Henry Nelson-Case, umunyamategeko w\u2019imyaka 31 akaba n\u2019umuntu ukora amashusho (content creator) ashyira ku mbuga nkoranyambaga y\u2019uruherekane yise &#8220;overwhelmed millennial&#8221;, yerekana ibintu benshi bisangamo.<\/p>\n<p>Nk\u2019aho umukozi yandikira kompanyi ye email ndende yanga gukora amasaha y\u2019ikirenga, n\u2019indi y\u2019umukozi ukora ibishoboka byose yirinda kwitaba telephone.<\/p>\n<p>Ati: \u201cNi igihunga giterwa no kuganira mu buryo butaziguye, kwinyuramo, cyangwa kutagira ibisubizo ako kanya\u201d bituma yanga telephone.<\/p>\n<p>Dr Touroni ati: \u201cKwitaba telephone bisaba kuba witeguye, bishobora gutamaza umuntu utiteguye gusubiza, naho ubutumwa butuma umuntu asubiza yumva yiteguye cyangwa atari mu ntege nke\u201d.<\/p>\n<p>Dunja Relic, umukobwa w\u2019umunyamategeko w\u2019imyaka 27, avuga ko yirinda kwitaba telephone zo ku kazi kuko \u201czishobora gutwara igihe kandi zikansubiza inyuma mu kazi nari ndimo\u201d.<\/p>\n<p>Eloise Skinner ati: \u201cHari ikintu kirimo kwiyongera cyo kwigengesera muri iki gihe cyacu, kandi guhamagara umuntu bisaba uwitaba guhagarika ibyo arimo kugira ngo yite kuri wowe \u2013 ikintu gikomerera n\u2019ababasha gukora byinshi icya rimwe\u201d.<\/p>\n<p>James Holton, umushoramari w\u2019imyaka 64, avuga ko abakozi be bakiri bato bitaba gacye cyane telephone, bamwe \u201cbaba bafite ubutumwa buhita bigusubiza ko bahuze cyangwa bakaba barafunze nimero yanjye ku buryo idacamo\u201d.<\/p>\n<p>Ati: \u201cBuri gihe baba bafite impamvu, iyo bavuga cyane ni uko telephone yabo iba muri \u2018silent\u2019, \u2018bityo sinayibonye maze nibagirwa kuguhamagara nyuma\u2019.\u201d<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>James avuga ko byabaye ngombwa ko abimenyera nyuma yo kubona \u201cicyuho mu itumanaho\u201d no \u201ckuba abakozi bakunda ubutumwa bwanditse. Rero ni inshingano zanjye kubaha amahitamo yabo\u201d.<\/p>\n<p>Ariko se, mu itumanaho ridakoresheje imvugo no kuba abantu bagenda bakorera mu rugo, twaba turimo kugenda dutakaza kuganira gusanzwe?<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>Eloise Skinner, ya nzobere mu kuvura indwara zo mu mutwe, avuga ko ibi nibikomeza gutya \u201cdushobora kuzatakaza ikintu cyo kwegerana no kwiyumvanamo\u201d.<\/p>\n<p>Ati: \u201cIyo tuganira tuvugana tugenda duhuza, mu mbamutima, mu kazi, no ku giti cy\u2019umuntu. Iryo huriro rishobora gutuma wumva unyuzwe, wuzuye, cyane cyane mu kazi\u201d.<\/p>\n<p>Ciara Brodie, umukozi muri supermarket ufite imyaka 25, ntameze nk\u2019ab\u2019urungano rwe, ati: \u201cNdishima kandi nkunda iyo abankuriye bampamagaye (kuri telphone).<\/p>\n<p>\u201cBiba bisobanutse kurusha ubutumwa kuko bisaba imbaraga runaka, bityo umenya ko ukuyobora ashima koko akazi kawe.\u201d<\/p>\n<p>Ciara, akunda no kuganira n\u2019abakorana na we kuri telephone ku minsi yakoreye mu rugo kuko \u201chari ubwo uba ufite irungu, bityo ni byiza gukomeza kuvugana\u201d.<\/p>\n<p>Mu gihe bamwe bavuga ko ubu buryo bushya bw\u2019itumanaho ari ikindi kimenyetso ko ababyiruka turi \u201cabantu b\u2019imbamutima zoroshye\u201d, mu by\u2019ukuri biri kure y\u2019ibyo. Ahubwo ni ukugendana n\u2019ibihe.<\/p>\n<p>Nta gushidikanya ko mu myaka 25 ishize abantu binubiraga kuva kuri fax bajya kuri email, ariko izo mpinduka zatumye itumanaho rirushaho koroha.<\/p>\n<p>Wenda iki ni cyo gihe cyo kwemera imbaraga z\u2019ubutumwa bwanditse ndetse kimwe n\u2019uko twipakuruye imashini ya fax mu myaka ya za 1990, dushobora no gusiga guhamagara guteye ubwoba mu 2024.<\/p>\n<p>By Julien<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Inkuru ya BBC Ubushakashatsi buheruka gukorwa bwerekana ko kimwe cya kane cy\u2019abari hagati y\u2019imyaka 18 na 34 batajya bitaba telephone \u2013 ababukoreweho bavuga ko birengagiza iyo telephone isona, bagasubiza banditse&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1318,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-1317","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1317","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1317"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1317\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1318"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1317"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1317"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1317"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}