{"id":1304,"date":"2024-08-26T16:01:55","date_gmt":"2024-08-26T16:01:55","guid":{"rendered":"https:\/\/alarmnews.rw\/?p=1304"},"modified":"2024-08-26T16:01:55","modified_gmt":"2024-08-26T16:01:55","slug":"nta-ndyo-yumwihariko-ngira-ndya-ibyo-mpawe-kimwe-nabandi-umugabo-ukuze-kurusha-abandi-ku-isi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/2024\/08\/26\/nta-ndyo-yumwihariko-ngira-ndya-ibyo-mpawe-kimwe-nabandi-umugabo-ukuze-kurusha-abandi-ku-isi\/","title":{"rendered":"\u201cNta ndyo y\u2019umwihariko ngira, ndya ibyo mpawe kimwe n\u2019abandi,\u201d &#8211; Umugabo ukuze kurusha abandi ku isi"},"content":{"rendered":"<p>Umugabo ukuze kurusha abandi ku isi yatangaje ko \u201cnta banga ryihariye\u201d afite ryo kuramba, mu gihe ubu yujuje imyaka 112.<\/p>\n<p>John Tinniswood, wavutse tariki 26 Kanama (8) 1912, yabwiye Guinness World Records ko \u201cnta kintu na kimwe\u201d azi cyasobanura uku kuramba no kuramukwa kwe.<\/p>\n<p>Ikinyamakuru cya BBC dukesha iyinkiru gikomeza kivuga ko uyu mufana w\u2019igihe kirekire wa Liverpool, aba mu nzu yita ku bashaje i Southport mu Bwongereza, yabaye umugabo ushaje kurusha abandi muri Mata(4) ubwo Juan Vicente P\u00e9rez Mora wari ufite imyaka 114 yapfaga.<\/p>\n<p>John Tinniswood avuga ko kuva akiri muto \u201cyakoraga\u201d kandi \u201cyagendaga cyane n\u2019amaguru\u201d, ariko abona ko atari atandukanye n\u2019abandi, ati: \u201c[mu buzima] uraramba cyangwa ugakenyuka kaUyu mukambwe rukukuri yavutse mu mwaka ubwato Titanic bwarohamyemo, avuga ko iyi sabukuru y\u2019imyaka 112 ari buyifate \u201cnk\u2019ikintu gisanzwe\u201d.<\/p>\n<p>Ati: \u201cImpamvu narambye gutya, sinyizi rwose. Nta gitekerezo cy\u2019ibanga runaka mfite.<\/p>\n<p>&#8220;Nkiri muto urebye narakoraga, nkagenda cyane n\u2019amaguru\u2026niba ibyo hari uruhare bifitemo, simbizi. Ariko ku bwanjye, sintandukanye. Habe na mba.&#8221;<br \/>\nAriko ku bwanjye, sintandukanye. Habe na mba.&#8221;<\/p>\n<p>Tinniswood yahuye n&#8217;umugore we, Blodwen, ahantu ho guceza i Liverpool bashyingirwa mu 1942Ahavuye isanamu,<\/p>\n<figure id=\"attachment_1306\" aria-describedby=\"caption-attachment-1306\" style=\"width: 480px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-1306\" src=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/71e20080-6368-11ef-8c32-f3c2bc7494c6.jpg.webp\" alt=\"\" width=\"480\" height=\"269\" srcset=\"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/71e20080-6368-11ef-8c32-f3c2bc7494c6.jpg.webp 480w, https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2024\/08\/71e20080-6368-11ef-8c32-f3c2bc7494c6.jpg-300x168.webp 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 480px) 100vw, 480px\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-1306\" class=\"wp-caption-text\">Tinniswood yahuye n&#8217;umugore we, Blodwen, ahantu ho guceza i Liverpool bashyingirwa mu 1942<\/figcaption><\/figure>\n<p>Tinniswood yavutse nyuma y\u2019imyaka 20 ikipe akunda ya Liverpool ishinzwe, yari afite imyaka ibiri ubwo intambara ya mbere y\u2019isi yatangiraga, kandi yari agize imyaka 27 ubwo iya kabiri y\u2019isi na yo yatangiraga.<\/p>\n<p>Yakoraga mu bukarani mu gice cy\u2019ingabo cyitwa Army Pay Corps cyashakishaga abasirikare baheze ku rugerero no kohereza ibiribwa, ubu ni we sekombata mukuru uriho mu barwanye intambara ya kabiri y\u2019isi.<\/p>\n<p>Yahuriye n\u2019umugore we, Blodwen, ahantu ho guceza\/kubyina i Liverpool, bashyingirwa mu 1942.<\/p>\n<p>Umukobwa wabo Susan yavutse mu 1943, we n\u2019umugore we babanye imyaka 44 mbere yuko Blodwen apfa mu 1986.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019intambara ya kabiri y\u2019isi, yakoze nk\u2019umucungamari muri kompanyi z\u2019ibitoro za Shell na British Petroleum mbere yo kujya mu kiruhuko cy\u2019izabukuru mu 1972.<\/p>\n<p>Avuga ko uretse kurya ifi n\u2019ifiriti buri wa gatanu, nta buryo bw\u2019imirire bwihariye yigeze akurikiza mu buzima bwe.<\/p>\n<p>\u201cNta ndyo y\u2019umwihariko ngira, ndya ibyo mpawe kimwe n\u2019abandi,\u201d ni ko avuga.<br \/>\nKuva yagira imyaka 100 mu 2012, yakira ikarita imwifuriza isabukuru nziza ivuye ibwami \u2013 bwa mbere yayohererejwe n\u2019Umwamikazi Elizabeth II, yarushaga hafi imyaka 14, ubu ni Umwami Charles III uyimuha.<\/p>\n<p>Abajijwe niba abona isi yarahindutse cyane kuva mu bwana bwe, avuga ko \u201cuko mbibona ntiyabaye nziza kurusha ko yari iri icyo gihe\u201d.<\/p>\n<p>Yongeraho ati: \u201cWenda ahandi birashoboka, ariko hari n\u2019ahandi yabaye mbi kurushaho\u201d.<\/p>\n<p>Umugabo ukuze kurusha abandi wigeze uboneka ni Jiroemon Kimura wo mu Buyapani, wabayeho akageza imyaka 116, yapfuye mu 2013.<\/p>\n<p>Naho umugore ukuze cyane kurusha abandi uriho ubu, ari nawe muntu uruta abandi bose mu myaka, ni Umuyapanikazi Tomiko Itooka w\u2019imyaka 116.<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umugabo ukuze kurusha abandi ku isi yatangaje ko \u201cnta banga ryihariye\u201d afite ryo kuramba, mu gihe ubu yujuje imyaka 112. John Tinniswood, wavutse tariki 26 Kanama (8) 1912, yabwiye Guinness&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1305,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[2],"tags":[],"class_list":["post-1304","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1304","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1304"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1304\/revisions"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1305"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1304"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1304"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/kigaliinfo.com\/kinya\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1304"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}